Back to Languages

    Kinyarwanda - Chapter 26

    Translation by R. M. C. Rwanda

    Verse 1

    Twaa Siin Miim

    Verse 2

    Iyi ni imirongo y’igitabo gisobanutse (Qur’an)

    Verse 3

    Hari ubwo (yewe Muhamadi) wazicwa n’agahinda kubera ko batemeye (ubutumwa bwawe)

    Verse 4

    Tubishatse twabamanurira igitangaza giturutse mu kirere, maze amajosi yabo agahora akicishijeho bugufi (baba babishaka cyangwa batabishaka, ariko ntawe dushaka guhatira kwemera)

    Verse 5

    Kandi nta rwibutso rushya ruturutse kuri (Allah) Nyirimpuhwe rubageraho ngo babure kurwirengagiza

    Verse 6

    Rwose bahakanye (Qur’an), bityo inkuru z’ibyo bakerensaga zizabageraho (bidatinze)

    Verse 7

    Ese ntibitegereza uko isi twayimejejeho buri bwoko bwiza (bw’ibimera)

    Verse 8

    Mu by’ukuri,muri ibyo harimo ikimenyetso (kigaragaza ubushobozi bwa Allah), ariko abenshi muri bo ntibemera

    Verse 9

    Kandi mu by’ukuri, Nyagasani waweni we Munyembaraga zihebuje, Nyirimbabazi

    Verse 10

    (Unibuke) ubwo Nyagasani waweyahamagaraga Musa (akamubwira ati) "Jya ku bantu b’inkozi z’ibibi

    Verse 11

    Abantu ba Farawo, (ubabwire uti) "Ese ntibakwiye gutinya (ibihano bya Allah, bakareka ibibi barimo)

    Verse 12

    (Musa) aravuga ati "Nyagasani!Mu by’ukuri,ndatinya ko bazampinyura

    Verse 13

    Maze igituza cyanjye kigafungana (kubera umubabaro), kandi ururimi rwanjye ntirubanguka (mu gusobanura amagambo). Bityo oherereza Haruna (aze dufatanye)

    Verse 14

    Kandi (abantu ba Farawo) hari icyaha banshinja, nkaba ntinya ko bazanyica

    Verse 15

    (Allah) aravuga ati "Si ko bimeze (ntibazakwica)! Ngaho mwembi nimujyane ibitangaza byacu (kwa Farawo). Mu by’ukuri, tuzaba turi kumwe namwe, twumva (ibizavugwa byose)

    Verse 16

    Mwembi nimujye kwa Farawo mu mubwire muti "Mu by’ukuri, twe turi intumwa za Nyagasani w’ibiremwa byose

    Verse 17

    (Adutumye) ngo "Rekura bene Isiraheli tubajyane

    Verse 18

    (Farawo) aravuga ati "Ese ntitwakureze kuva ukiri umwana, ukabana natwe imyaka (myinshi) y’ubuzima bwawe

    Verse 19

    Maze ugakora igikorwa wakoze (cyo kwica umuntu), uri mubahakana (ineza twakugiriye)

    Verse 20

    (Musa) aravuga ati "Nagikozeubwo nari mu bayobye

    Verse 21

    Nuko ndabahunga kubera kubatinya. Ariko Nyagasani wanjye yampaye ubumenyi (bwo kumusobanukirwa ndetse n’ubuhanuzi), anangira umwe mu ntumwa (ze)

    Verse 22

    Ese ibyo (kundera) ni yo nezauncyurira kandi waragize bene Isiraheli abacakara

    Verse 23

    Farawo aravuga ati "Ese Nyagasaniw’ibiremwa byose ni nde

    Verse 24

    (Musa) aravuga ati "Ni Nyagasani w’ibirere n’isi ndetse n’ibiri hagati yabyo, niba mudashidikanya (ko ari we wabiremye ngaho nimumwemere)

    Verse 25

    (Farawo) abwira abamukikije ati "Aho ntimunyumvira (ibyo ari kuvuga)

    Verse 26

    (Musa) aravuga ati "(Uwo) ni Nyagasani wanyu akaba na Nyagasani w’abakurambere banyu

    Verse 27

    (Farawo) aravuga ati "Mu by’ukuri,(iyi) ntumwa yanyu yabatumweho ni umusazi

    Verse 28

    (Musa) aravuga ati "(Uwo) ni Nyagasani w’Uburasirazuba n’Uburengerazuba n’ibiri hagati yabyo, niba mufite ubwenge (nimumwemere)

    Verse 29

    (Farawo) aravuga ati "Nuramuka ugize indi mana (wemera) itari njye, rwose ndakugira umwe mu mbohe

    Verse 30

    (Musa) aravuga ati "Ese (wamfunga) n’iyo naba nkuzaniye ikintu kigaragara (cyerekana ukuri kwanjye)

    Verse 31

    (Farawo) aravuga ati "Ngaho kizane niba koko uri mu banyakuri

    Verse 32

    Nuko (Musa) anaga inkoni ye (hasi, ihinduka) inzoka igaragara

    Verse 33

    Anavana ukuboko kwe (mu kwaha), kuza kwererana kugaragarira abareba

    Verse 34

    (Farawo) abwira ibyegera bye ati "Mu by’ukuri, uyu ni umurozi w’umuhanga

    Verse 35

    Arashaka kubakuramu gihugu cyanyu akoresheje uburozi bwe. Murabivugaho iki

    Verse 36

    Baravuga bati "Ba umwihoreye (we) n’umuvandimwe we, maze wohereze abakoranya (abantu) mu mijyi

    Verse 37

    Bakuzanire buri murozi wese w’umuhanga

    Verse 38

    Nuko abarozi barakoranywa (bahabwa) igihe n’umunsi byagenwe91 (byo guhura na Musa)

    Verse 39

    Maze abantu barabwirwa bati "Ese namwe muritabira

    Verse 40

    Hari ubwo twakurikira abarozi (bo ku ruhande rwa Farawo) baramutse ari bo batsinze

    Verse 41

    Nuko abarozi baje,babwira Farawo bati "Ese hari igihembo tubona nituramuka dutsinze

    Verse 42

    (Farawo) aravuga ati "Yego! Kandi mu by’ukuri, muraba mu byegera (byanjye)

    Verse 43

    Musa arababwira ati "Nimunage ibyo mushaka kunaga (bigaragaza ukuri kwanyu)

    Verse 44

    Nuko banaga imigozi yabo n’inkoni zabo (bihinduka inzoka nto), baravuga bati "Ku bw’icyubahiro cya Farawo, rwose ni twe dutsinda

    Verse 45

    Maze Musa anaga inkoni ye (ihinduka inzoka nini), itangira kumiragura ibyo (abarozi) bari bamaze guhimba

    Verse 46

    Nuko abarozi bitura hasi bubamye

    Verse 47

    Bavuga bati "Twemeye Nyagasani w’ibiremwa byose

    Verse 48

    Nyagasani wa Musa na Haruna

    Verse 49

    (Farawo) aravuga ati "Mumwemeye mbere y’uko mbibahera uburenganzira. Mu by’ukuri, (Musa) ni umukuru wanyu wabigishije uburozi. Rwose muraza kumenya (icyo nza kubakorera)! Rwose ndaza kubaca amaboko n’amaguru byanyu imbusane, maze mbabambe mwese

    Verse 50

    Baravuga bati "Ntacyo bitwaye! Mu by’ukuri, tuzasubira kwa Nyagasani wacu

    Verse 51

    Mu by’ukuri, twiringiye ko (Nyagasani) azatubabarira ibyaha byacu kuko tubayeabambere mu kwemera (ubutumwa bwa Musa)

    Verse 52

    Kandi twahishuriye Musa (tugira tuti) "Jyana abagaragu banjye (Abayisiraheli) nijoro! Mu by’ukuri, muraza gukurikirwa (na Farawo n’ingabo ze)

    Verse 53

    Maze Farawo (yumvise ko bagiye), yohereza mu mijyi abakoranya (ingabo zo kubakumira)

    Verse 54

    (Farwo arababwira ati) mu by’ukuri, bariya (Bayisiraheli) ni agatsiko k’abantu bake

    Verse 55

    Kandi rwose baturakaje (kugenda tutabahaye uburenganzira)

    Verse 56

    Ndetse twese turi maso kandi twiteguye (guhangana nabo)

    Verse 57

    Nuko (Farawo n’abantu be) tubakura (mu gihugu kirimo) ubusitani n’imigezi

    Verse 58

    (Tubakura mu) mitungo ndetse no mu nyubako ziyubashye (bakurikira Abayisiraheli)

    Verse 59

    Uko (kubasohora mu byabo) ni ko twabizunguje bene Isiraheli

    Verse 60

    Maze (Farawo n’ingabo ze) babakurikira (mu gitondo) izuba rirashe

    Verse 61

    Nuko ubwo amatsinda yombi yarebanaga, abantu ba Musa baravuga bati "Mu by’ukuri, batugezeho

    Verse 62

    (Musa) aravuga ati "Si ko bimeze! Mu by’ukuri, ndi kumwe na Nyagasani wanjye, aranyobora

    Verse 63

    Nuko duhishurira Musa (tugira tuti) "Kubita inkoni yawe mu nyanja! (Akubise, inyanja) icikamo ibice (bibiri), buri gice kimera nk’umusozi munini cyane

    Verse 64

    Maze abandi (Farawo n’ingabo ze) tubegereza hafi (nabo bakurikira iyo nzira)

    Verse 65

    Nuko turokora Musa n’abari kumwe na we bose

    Verse 66

    Hanyuma abandi (Farawo n’ingabo ze) turabaroha

    Verse 67

    Mu by’ukuri,muri ibyo harimo ikimenyetso (kigaragaza ubushobozi bwa Allah), nyamara abenshi muri bo ntibemera

    Verse 68

    Kandi mu by’ukuri, Nyagasani wawe ni Umunyembaraga zihebuje,Nyirimbabazi

    Verse 69

    (Yewe Muhamadi) unabasomere inkuru ya Ibrahimu

    Verse 70

    Ubwo yabwiraga se n’abantu be ati "Ese musenga ibiki

    Verse 71

    Baravuga bati "Dusenga ibishusho kandi tuzahora tubisenga

    Verse 72

    (Ibrahimu) aravuga ati "Ese iyo mubisabye birabumva

    Verse 73

    Cyangwa hari (icyo) bibamarira cyangwa ngo bigire icyo bibatwara

    Verse 74

    Baravuga bati "(Oya)! Ahubwo twasanze abakurambere bacu babikora batyo

    Verse 75

    (Ibrahimu) aravuga ati "Ese ntimutekereza ku byo musenga

    Verse 76

    Mwebwe n’abakurambere banyu bo hambere

    Verse 77

    Mu by’ukuri, ibyo (musenga) ni abanzi banjye (sinshobora kubisenga), ahubwo (nsenga) Nyagasani w’ibiremwa byose

    Verse 78

    We wandemye akaba ari na we unyobora

    Verse 79

    Ni na we umpa icyo kurya n’icyo kunywa

    Verse 80

    N’iyo ndwaye ni we unkiza

    Verse 81

    Ni na we uzanyambura ubuzima, hanyuma akazabunsubiza (igihe cy’izuka)

    Verse 82

    Kandi ni we niringiye ko azambabarira ibyaha byanjye ku munsi w’imperuka

    Verse 83

    Nyagasani! Mpa kugira ubumenyi (bwo kugusobanukirwa ndetse n’ubuhanuzi), kandi uzampuze n’abagaragu bawe b’intungane

    Verse 84

    Kandi umpe kuzavugwa neza mu bazaza nyuma

    Verse 85

    Unanshyire mu bazazungura Ijuru ryuje inema

    Verse 86

    Unababarire data kuko mu by’ukuri, ari mu bayobye

    Verse 87

    Kandi ntuzankoze isoni ku munsi (ibiremwa byose) bizazurwa

    Verse 88

    Umunsi imitungo n’urubyaro bitazagira icyo bimarira (nyirabyo)

    Verse 89

    Usibye gusa uzagera kwa Allah afite umutima usukuye (uzira ibangikanyamana)

    Verse 90

    Maze ijuru rizegerezwe abatinya (Allah)

    Verse 91

    N’umuriro ugaragarizwe abayobye

    Verse 92

    Nuko babwirwe bati "Ibyo mwajyaga musenga biri he

    Verse 93

    Bitari Allah?Ese bishobora kubatabara cyangwa ngo byitabare ubwabyo

    Verse 94

    Maze bo ndetse n’ababayobeje bajugunywemo (mu muriro) bacuramye

    Verse 95

    Ndetse n’ingabo za Ibilisi (Shitani) zose

    Verse 96

    Nibawugeramo (abayobye n’ababayobeje) bazavuga batongana bati

    Verse 97

    Ku izina rya Allah! Rwose twari mu buyobe bugaragara (ubwo twabasengaga)

    Verse 98

    Ubwo twabareshyeshyaga na Nyagasani w’ibiremwa byose

    Verse 99

    Kandi nta bandi batuyobeje batariinkozi z’ibibi

    Verse 100

    None nta bavugizi dufite (batuvuganira tukava mu bihano)

    Verse 101

    Nta n’inshuti magara dufite (yatugirira impuhwe)

    Verse 102

    Iyaba twagiraga (amahirwe yo) gusubira (ku isi) maze ngo tube bamwe mu bemeramana

    Verse 103

    Mu by’ukuri,muri ibyo harimo ikimenyetso (kigaragaza ubushobozi bwa Allah), ariko abenshi muri bo ntibemera

    Verse 104

    Kandi mu by’ukuri, Nyagasani wawe ni we Munyembaraga zihebuje, Nyirimbabazi

    Verse 105

    Abantu ba Nuhubahakanye intumwa

    Verse 106

    Ubwo umuvandimwe wabo Nuhu yababwiraga ati"Ese ntimutinya (Allah)

    Verse 107

    Mu by’ukuri, njye ndi intumwa yanyu yizewe

    Verse 108

    Bityo, nimutinye Allahkandi munyumvire

    Verse 109

    Kandi ntabwo (kubagezaho ubutumwa) mbibasabira igihembo, kuko ibihembo byanjye biri kwa Nyagasani w’ibiremwabyose

    Verse 110

    Bityo, nimutinye Allahkandi munyumvire

    Verse 111

    Baravuga bati "Ese twakwemera dute kandi warayobotswe n’abantu basuzuguritse

    Verse 112

    (Nuhu) aravuga ati "Ntabwo nshinzwe kumenya ibyo bakora (icyo nshinzwe ni ukubagezaho ubutumwa gusa)

    Verse 113

    Ibarura ryabo rireba Nyagasani wanjye, iyaba mwari mubizi

    Verse 114

    Kandi njye sinshobora kwirukana abemera

    Verse 115

    Nta kindi ndi cyo, usibye kuba ndi umuburizi ugaragara

    Verse 116

    Baravuga bati "Yewe Nuhu! Nuramuka utarekeye aho (ibyo wigisha), rwose uzaba mubazaterwa amabuye (kugeza upfuye)

    Verse 117

    (Nuhu) aravuga ati "Nyagasani! Mu by’ukuri, abantu banjye barampakanye

    Verse 118

    Bityo ca iteka ridasubirwaho hagati yanjye na bo (ririmbura abahakanye), kandi undokorane n’abemera turi kumwe

    Verse 119

    Nuko tumurokorana n’abari kumwe na we mu nkuge yuzuye (ibiremwa bitandukanye yashyizemo)

    Verse 120

    Maze nyuma tworeka abasigaye (abahakanye)

    Verse 121

    Mu by’ukuri, muri ibyo harimo ikimenyetso (kigaragaza ubushobozi bwa Allah), nyamara abenshi muri bo ntibemera

    Verse 122

    Kandi mu by’ukuri, Nyagasani wawe ni we Munyembaraga zihebuje, Nyirimbabazi

    Verse 123

    Aba Adi (nabo) bahinyuye intumwa

    Verse 124

    Ubwo umuvandimwe wabo Hudu yababwiraga ati "Ese ntimwatinya (Allah)

    Verse 125

    Mu by’ukuri, njye ndi intumwa yanyu yizewe

    Verse 126

    Bityo, nimutinye Allahkandi munyumvire

    Verse 127

    Kandi ntabwo (kubagezaho ubutumwa) mbibasabira igihembo, kuko ibihembo byanjye biri kwa Nyagasani w’ibiremwabyose

    Verse 128

    Ese mwubaka (amazu maremare) ahirengeye hose mugamije kunnyega no gusuzugura (abagenzi bayanyuraho)

    Verse 129

    Mukanubaka ingoro z’imitamenwa nk’aho muzazibamo ubuziraherezo

    Verse 130

    N’iyo mugabye igitero (k’uwo ari we wese), mukigaba nta mpuhwe

    Verse 131

    Bityo, nimutinye Allahkandi munyumvire

    Verse 132

    Kandi mutinyeuwabahaye inema (zose) muzi

    Verse 133

    Yabahaye amatungo n’urubyaro

    Verse 134

    (Anabaha) imirima n’imigezi

    Verse 135

    (Hudu aravuga ati) "Mu by’ukuri, ndatinya ko (nimukomeza guhakana) mwazahanishwa ibihano byo ku munsi uhambaye

    Verse 136

    Baravuga bati "Watwigisha utatwigisha byose ni kimwe kuri twe (ntidushobora kukwemera)

    Verse 137

    Ibi (twemera) si ibindi, usibye ko ari imigenzo n’imyemerere y’abo hambere

    Verse 138

    Kandi ntituzahanwa (nk’uko ubivuga)

    Verse 139

    Nuko baramuhinyura, maze turabarimbura. Mu by’ukuri, muri ibyo harimoikimenyetso (kigaragaza ubushobozi bwa Allah), ariko abenshi muri bo ntibemera

    Verse 140

    Kandi mu by’ukuri, Nyagasani wawe ni we Munyembaraga zihebuje, Nyirimbabazi

    Verse 141

    Abantu bo mu bwoko bwa Thamudu (nabo) bahinyuye intumwa

    Verse 142

    Ubwo umuvandimwe wabo Swalehe yababwiraga ati "Ese ntimwatinya (Allah)

    Verse 143

    Mu by’ukuri, njye ndi intumwa yanyu yizewe

    Verse 144

    Bityo nimutinye Allah kandi munyumvire

    Verse 145

    Kandi ntabwo (kubagezaho ubutumwa) mbibasabira igihembo,kuko ibihembo byanjye biri kwa Nyagasani w’ibiremwa byose

    Verse 146

    Ese (mukeka ko) muzarekerwa mu byo murimo aha (ku isi, ngo mubeho) mutekanye (nta bihano nta no gupfa)

    Verse 147

    Mu mirima (myiza) ndetse n’imigezi (itemba)

    Verse 148

    No mu bihingwa (bitandukanye) n’imitende ifite imigondoro yoroshye

    Verse 149

    Kandi muhanga amazu mu misozi mu buryo bwa gihanga

    Verse 150

    Bityo nimutinye Allah kandi munyumvire

    Verse 151

    Kandi ntimukumvire amategeko y’inkozi z’ibibi

    Verse 152

    Babandi bakora ubwononnyi ku isi kandi ntibagire ibyo batunganya

    Verse 153

    Baravuga bati "Mu by’ukuri, wowe (Swalehe) uri umwe mu bantu barozwe

    Verse 154

    Wowe nta kindi uri cyo usibye ko uri umuntu nka twe. Ngaho zana ikimenyetso (kigaragaza ko uri intumwa) niba koko uri mu banyakuri

    Verse 155

    (Swalehe) aravuga ati "Dore iyi ngamiya y’ingore, izajya inywa amazi umunsi umwe na mwe munywe ku wundi munsi uzwi

    Verse 156

    Muramenye ntimuzayigirire nabi mutazavaho mukagerwaho n’ibihano by’umunsi uhambaye

    Verse 157

    Ariko barayishe maze basigara bicuza

    Verse 158

    Nuko bagerwaho n’ibihano. Mu by’ukuri, muri ibyo harimo ikimenyetso (kigaragaza ubushobozi bwa Allah), ariko abenshi muri bo ntibemera

    Verse 159

    Kandi mu by’ukuri, Nyagasani wawe ni we Munyembaraga zihebuje, Nyirimbabazi

    Verse 160

    Abantu ba Lutwi (Loti) bahinyuye intumwa (zabo)

    Verse 161

    Ubwo umuvandimwe wabo Lutwi yababwiraga ati "Ese ntimwatinya (Allah)

    Verse 162

    Mu by’ukuri, njye ndi intumwa yanyu yizewe

    Verse 163

    Bityo nimutinye Allah kandi munyumvire

    Verse 164

    Kandi ntabwo (kubagezaho ubutumwa) mbibasabira igihembo,kuko ibihembo byanjye biri kwa Nyagasani w’ibiremwa byose

    Verse 165

    Kuki mu bantu (muhitamo) kurongora ab’igitsinagabo (nkamwe)

    Verse 166

    Maze mukareka abo Nyagasani wanyu yabaremeye ngo bababere abagore? Ahubwo mwe muri abantu barengera (amategeko ya Allah)

    Verse 167

    Baravuga bati "Yewe Lutwi (Loti)! Nutarekera aho (ibyo utubwira), rwose uzaba umwe mu birukanwe (mu gihugu cyacu)

    Verse 168

    (Lutwi) aravuga ati "Mu by’ukuri, ibyo mukora ndabyanga cyane

    Verse 169

    (Lutwi aravuga ati) "Nyagasani! Ndokorana n’umuryango wanjye(uturinde) ibyo bakora

    Verse 170

    Nuko tumurokorana n’umuryango we wose

    Verse 171

    Usibye umukecuru (umugore we) wasigaye (akaba) mu barimbutse

    Verse 172

    Hanyuma turimbura abasigaye bose

    Verse 173

    Nuko tubanyagiza imvura (y’amabuye); iba imvura mbi ku baburiwe (ntibumve)

    Verse 174

    Mu by’ukuri, muri ibyo harimoikimenyetso (kigaragaza ubushobozi bwa Allah), ariko abenshi muri bo ntibemera

    Verse 175

    Kandi mu by’ukuri, Nyagasani wawe ni we Munyembaraga zihebuje, Nyirimbabazi

    Verse 176

    Abantu bari batuye Ayikati (nabo) bahinyuye intumwa

    Verse 177

    Ubwo Shuwayibu yababwiraga ati "Ese ntimwatinya (Allah)

    Verse 178

    Mu by’ukuri, njye ndi intumwa yanyu yizewe

    Verse 179

    Bityo nimutinye Allah kandi munyumvire

    Verse 180

    Kandi ntabwo (kubagezaho ubutumwa) mbibasabira igihembo,kuko ibihembo byanjye biri kwa Nyagasani w’ibiremwa byose

    Verse 181

    Mujye mwuzuza ibipimo (by’iminzani) kandi ntimugatere (abandi) igihombo

    Verse 182

    Kandi mujye mupimisha iminzani itunganye

    Verse 183

    Ntimugahuguze abantu mugabanyaku byabo, kandi ntimugakwize ubwangizi ku isi

    Verse 184

    Munatinye uwabaremye, mwe n’ababayeho mbere (yanyu)

    Verse 185

    Baravuga bati "Mu by’ukuri, wowe (Shuwayibu) uri umwe mu bantu barozwe

    Verse 186

    Wowe nta kindi uri cyo, usibye kuba uri umuntu nka twe. Kandi tunakeka ko uri umunyabinyoma

    Verse 187

    (Baravuga bati) "Ngaho tugusheho ikirere ibice bice niba koko uri umwe mu banyakuri

    Verse 188

    (Shuwayibu) aravuga ati "Nyagasani wanjye ni we uzi neza ibyo mukora

    Verse 189

    Nuko baramuhinyura, maze bagerwaho n’ibihano by’umunsi w’igicucu 92. Mu by’ukuri, byari ibihano by’umunsi uhambaye

    Verse 190

    Mu by’ukuri, muri ibyo harimoikimenyetso (kigaragaza ubushobozi bwa Allah), ariko abenshi muri bo ntibemera

    Verse 191

    Kandi mu by’ukuri, Nyagasani wawe ni we Munyembaraga zihebuje, Nyirimbabazi

    Verse 192

    Kandi mu by’ukuri, iyi (Qur’an) yahishuwe na Nyagasani w’ibiremwa (byose)

    Verse 193

    Nuko izanwa (ku isi) na Roho w’umwizerwa [Malayika Jibrilu (Gaburiheli]

    Verse 194

    (Ayishyitsa) ku mutima wawe (yewe Muhamadi) kugira ngo ube umwe mu baburira

    Verse 195

    (Yayizanye iri) mu rurimi rw’Icyarabu gisobanutse

    Verse 196

    Kandi mu by’ukuri, iyo (Qur’an) yavuzwe no mu bitabo (byahishuriwe intumwa) zo hambere

    Verse 197

    Ese ntibyababera ikimenyetso (kigaragaza ko Qur’an ari ukuri) kuba abamenyi b’Abayisiraheli barayimenye (nk’iy’ukuri, ndetse bamwe muri bo bakayoboka Isilamu)

    Verse 198

    N’iyo (Qur’an) tuza kuyihishurira umwe mu batari Abarabu

    Verse 199

    Maze akayibasomera, ntibari kuyemera

    Verse 200

    Uko ni ko dushyira mu mitima y’inkozi z’ibibi (guhakana Qur’an)

    Verse 201

    Ntibazigera bayemera kugeza igihe bazabonera ibihano bibabaza

    Verse 202

    Bikabageraho bibatunguye, batabizi

    Verse 203

    Maze bakavuga bati "Ese ntitwahabwa umwanya (kugira ngo twicuze)

    Verse 204

    Ubu koko ibihano byacu (nibyo) basaba kwihutishwa

    Verse 205

    Urabona (yewe Muhamadi), turamutse tubahaye kubaho igihe kirekire

    Verse 206

    Hanyuma bakagerwaho n’ibyo basezeranyijwe (ibihano)

    Verse 207

    Ibyo binezezagamo ntibyagira icyo bibamarira

    Verse 208

    Kandi nta mudugudu n’umwe twarimbuye utaragize ababurizi

    Verse 209

    (Twohereje ngo) bibutse, kandi ntitwigeze tuba abahemu (ngo tubarimbure tubarenganyije)

    Verse 210

    Kandi ntabwo amashitani ari yo yayihishuye (Qur’an)

    Verse 211

    Nta n’ubwoabikwiye, ndetse ntiyanabishobora

    Verse 212

    Mu by’ukuri, ayo (mashitani) yakumiriwe kumva (ibivugirwa mu ijuru)

    Verse 213

    Bityo, (uramenye) ntuzabangikanye Allahn’izindi mana, utazavaho ukaba umwe mu bazahanwa

    Verse 214

    Kandi (yewe Muhamadi) ujye uburira abantu ba hafi mu muryango wawe

    Verse 215

    Unicishe bugufi ku bemeramana bakuyobotse

    Verse 216

    Ariko nibaramuka bakwigometseho,uzavuge uti "Mu by’ukuri, njye nitandukanyije n’ibyomukora

    Verse 217

    Kandi ujye uniringira (Allah), Ushobora byose, Nyirimbabazi

    Verse 218

    We ukureba igihe uhagaze ukora amasengesho

    Verse 219

    Ndetse n’ibyo ukora (wunama, ununamuka) uri kumwe n’abasenga

    Verse 220

    Mu by’ukuri (Allah), ni Uwumva bihebuje, Umumenyi uhebuje

    Verse 221

    Ese (mwa bahakanyi mwe!) mbabwire abo amashitani amanukiraho

    Verse 222

    Amanukira buri munyabinyoma, w’umunyabyaha

    Verse 223

    Yumviriza (amagambo avugwa n’abamalayika mu ijuru akongeramo ibyayo), nyamara amenshi muri yo ni amanyabinyoma

    Verse 224

    (Abahakanyi bajyaga bavuga ko Muhamadi ari umusizi, maze Allah arabahinyuza agira ati) "Abasizi bakurikirwa n’abayobye

    Verse 225

    Ese ntubona ko (mu busizi bwabo) bavuga kuri buri ngingo bashimagiza cyangwa basebanya

    Verse 226

    Kandi ko mu by’ukuri, bavuga ibyo badakora

    Verse 227

    Usibye gusa babandi bemeye bakanakora ibikorwa byiza, bagasingiza Allah cyane, ndetse bakanirwanaho (bakoresheje ibisigo mu kunyomoza abasizi b’abanyabinyoma) nyuma yo kurenganywa (batukwa). Naho inkozi z’ibibi bidatinze zizamenya icyerekezo zizerekeramo