Back to Languages
Kinyarwanda - Chapter 57
Translation by R. M. C. Rwanda
Verse 1
Ibiri mu birere n’ibiri ku isi bisingiza Allah, kandi ni we Nyirimbaraga zihebuje, Ushishoza
Verse 2
Ubwami bw’ibirere n’ubw’isi ni ubwe. Ni we utanga ubuzima n’urupfu. Kandi ni we ufite ubushobozi bwa buri kintu
Verse 3
Ni we Ntangiriro akaba n’Iherezo, Ugaragara akaba n’Utagaragara. Kandi ni we Mumenyi uhebuje wa buri kintu
Verse 4
Ni we waremye ibirere n’isi mu minsi itandatu, hanyuma aganza ku ntebe y’icyubahiro (Ar’shi). Azi ibyinjira mu butaka n’ibibusohokamo, ibimanuka mu kirere ndetse n’ibikizamukamo. Kandi aba ari kumwe na mwe aho muri hose. Kandi Allah ni Ubona bihebuje ibyo mukora
Verse 5
Ubwami bw’ibirere n’isi ni ubwe. Kandi kwa Allah ni ho ibintu byose bizasubizwa
Verse 6
Yinjiza ijoro mu manywa, akaninjiza amanywa mu ijoro. Kandi ni we Mumenyi uhebuje w’ibiri mu bituza (by’abantu)
Verse 7
Nimwemere Allah n’Intumwa ye (Muhamadi), munatange mu byo yabaragije; kuko bamwe muri mwe bemeye bakanatanga (mu nzira ya Allah), bazagororerwa ibihembo bihebuje
Verse 8
Nonese kuki mutemera Allah kandi Intumwa ibahamagarira kwemera Nyagasani wanyu? Kandi (Allah) yaranakiriye isezerano ryanyu rikomeye; (bityo) niba muri abemera nyakuri (ngaho nimwemere)
Verse 9
Ni we uhishurira umugaragu we (Muhamadi) amagambo asobanutse, kugira ngo abakure mu mwijima abaganisha ku rumuri. Rwose Allah ni Umunyempuhwe nyinshi kuri mwe, Umunyembabazi
Verse 10
Nonese kuki mudatanga mu nzira ya Allah, kandi Allah ari we ufite izungura ry’ibirere n’isi? Abatanze bakanarwana mbere y’urugamba (rwo kubohora Maka) muri mwe, ntibahwanye (na babandi babikoze nyuma yaho); abo (babikoze mbere) bafite urwego rwisumbuye urw’abatanze bakanarwana nyuma. Ariko bose Allah yabasezeranyije ibyiza. Kandi Allah azi bihebuje ibyo mukora
Verse 11
Ni nde waguriza Allah inguzanyo nziza (atanga amaturo n’ibindi bikorwa by’ubugiraneza), ngo (Allah azayimwishyure) amukubiye inshuro nyinshi, ndetse azanamugororere ibihembo bihebuje
Verse 12
Umunsi uzabona abemeramana n’abemeramanakazi urumuri rwabo rukataje imbere n’iburyo bwabo (babwirwa) bati "Dore inkuru nziza yanyu uyu munsi! Ni ubusitani butembamo imigezi (Ijuru), muzabamo ubuziraherezo. Iyi ni yo ntsinzi ihambaye
Verse 13
Umunsi indyarya z’abagabo n’iz’abagore zizabwira abemeramana ziti "Nimudutegereze turahure ku rumuri rwanyu!" Zizabwirwa ziti "Nimusubire inyuma (ku isi) mushake urumuri!" Maze hagati yabo hashyirwe urukuta rufite umuryango. Imbere yarwo hari impuhwe, na ho hanze yarwo hakaba ibihano
Verse 14
(Indyarya) zizahamagara (abemera) zibabwira ziti "Ese ntitwari kumwe namwe (ku isi)?" Bazisubize bati "Yego! Ariko mwishyize mu bigeragezo, mutega iminsi (Intumwa n’abemeramana), munishyira mu gushidikanya kandi munashukwa n’irari ryanyu kugeza ubwo itegeko rya Allah (urupfu) risohoye. Nuko umushukanyi (Shitani) abatesha umurongo wa Allah
Verse 15
Uyu munsi nta nshungu yanyu (mwe ndyarya) cyangwa iy’abahakanye iri bwakirwe. Ubuturo bwanyu ni mu muriro. Ni wo muzabana kandi ni nawo herezo ribi
Verse 16
Ese igihe nticyari cyagera ngo imitima y’abemeye yicishe bugufi kubera kwibuka Allah n’ibyahishuwe by’ukuri (Quran)? No kugira ngo ntibabe nk’abahawe igitabo mbere yabo, nuko igihe (cyo gutegereza ibyo Intumwa zabasezeranyije) kikababana kirekire, maze imitima yabo ikinangira; kandi abenshi muri bo bari ibyigomeke
Verse 17
Mumenye ko Allah aha isi ubuzima nyuma yo gupfa kwayo (gukakara). Mu by’ukuri, twabasobanuriye ibimenyetso kugira ngo mutekereze
Verse 18
Mu by’ukuri, babandi batanga amaturo b’abagabo n’abagore, bakanaguriza Allah inguzanyo nziza, (Allah azabishyura) abakubiye inshuro nyinshi, ndetse azanabagororera ibihembo bihebuje
Verse 19
Na babandi bemeye Allah n’intumwa ze (nta n’imwe barobanuye), ni bo banyakuri ndetse bakaba n’abahamya kwa Nyagasani wabo. Bazagororerwa ibihembo byabo n’urumuri rwabo. Naho abahakanye bakanahinyura amagambo yacu, bazaba abo mu muriro
Verse 20
Mumenye ko ubuzima bw’isi nta kindi buri cyo uretse kuba ari umukino, kwinezeza, imitako, kwiyemera hagati yanyu ndetse no kwiratana imitungo n’abana. (Ibyo bigereranywa) nk’ibimera bishimisha abahinzi nyuma yo kubona imvura, hanyuma bikuma ukabona bibaye umuhondo; nuko (byamara utuvungukira. kumagana) Ariko bigahinduka ku munsi w’imperuka hazaba ibihano bikomeye (ku bahakanyi), ndetse n’imbabazi no kwishimirwa na Allah (ku bemeramana). Kandi ubuzima bw’isi ntacyo buri cyo uretse kuba ari umunezero ushukana
Verse 21
Nimwihutire gushaka imbabazi ziva kwa Nyagasani wanyu, n’ijuru rifite ubugari bungana n’ubw’ikirere n’isi; ryateguriwe abemeye Allah n’intumwa ze. Izo ni ingabire za Allah aha uwo ashatse; kandi Allah ni Nyiringabire zihambaye
Verse 22
Nta kibi cyagera ku isi cyangwa ngo kibabeho kitanditse mu gitabo (kirinzwe) mbere y’uko kiba. Mu by’ukuri, ibyo kuri Allah biroroshye
Verse 23
Kugira ngo mutababazwa n’ibyabacitse cyangwa ngo mwiratane ibyo mwahawe. Mu by’ukuri, Allah ntakunda umunyagasuzuguro wese, umwibone
Verse 24
Babandi bagira ubugugu bakanabushishikariza abantu. Ariko uzatera umugongo (kumvira Allah, amenye ko) Allah ari Umukungu, Usingizwa cyane
Verse 25
Rwose twohereje intumwa zacu tuzihaye ibimenyetso bigaragara n’ibitangaza, ndetse tunazihishurira ibitabo n’ubutabera, kugira ngo abantu bimakaze ubutabera. Twanabamanuriye icyuma cy’umuringa gifite imbaraga zihambaye kandi kinafitiye abantu akamaro. (Ibyo byose byakozwe) kugira ngo Allah yerekane abamutabara (abatabara idini rye) ndetse n’Intumwa ze kandi batamuzi. Mu by’ukuri, Allah ni Umunyembaraga zihebuje, Utsinda
Verse 26
Kandi rwose twohereje Nuhu na Ibrahimu, maze duha urubyaro rwabo ubuhanuzi n’ibitabo. Muri bo hari abayobotse ariko abenshi muri bo babaye ibyigomeke
Verse 27
Hanyuma tubakurikiza (izindi) ntumwa zacu zaje zitera ikirenge mu cyabo. Twakurikijeho kohereza Issa mwene Mariamu, tumuha Ivanjili, tunashyira impuhwe n’imbabazi mu mitima y’abamukurikiye, ariko bihimbiye kwiyegurira Imana (banga gushaka cyangwa gushakwa) nyamara ntabyo twabategetse, uretse ko babikoze bashaka ishimwe rya Allah, gusa ntibabyubahirije nk’uko bikwiye. Bityo, abemeye muri bo twabahaye ibihembo bakwiye, nyamara abenshi muri bo bari ibyigomeke
Verse 28
Yemwe abemeye (Intumwa Musa na Issa)! Nimutinye Allah kandi munemere Intumwa ye (Muhamadi)! (Allah) azabaha impuhwe ze zikubye kabiri, anabahe urumuri mugendana ndetse anabababarire ibyaha byanyu. Allah ni Ubabarira bihebuje, Nyirimbabazi
Verse 29
(Ibyo byose abikora) kugira ngo abahawe ibitabo bamenye ko nta bushobozi ubwo ari bwo bwose bagira mu ngabire za Allah, kandi ko ingabire zose ziri mu biganza bya Allah, akaba aziha uwo ashatse. Kandi Allah ni Nyiringabire zihambaye