Back to Languages
Kinyarwanda - Chapter 77
Translation by R. M. C. Rwanda
Verse 1
Ndahiriye ku (miyaga) yoherezwa ikurikiranye
Verse 2
No ku (miyaga) y’inkubi
Verse 3
No ku (miyaga) itwara ibicu n’imvura
Verse 4
No ku (mirongo ya Qur’an) itandukanya ukuri n’ikinyoma
Verse 5
No ku (bamalayika) bazanira amahishurirwa (intumwa za Allah)
Verse 6
Kugira ngo bivaneho urwitwazo cyangwa kugira ngo biburire
Verse 7
Mu by’ukuri, ibyo musezeranywa bizasohora
Verse 8
Igihe inyenyeri zizakurwaho (urumuri rwazo rukazima)
Verse 9
N’igihe ikirere kizasandazwa
Verse 10
N’igihe imisozi izariturwa
Verse 11
N’igihe intumwa zizakoranyirizwa hamwe ku gihe cyagenwe (kugira ngo zitange ubuhamya ku bo zatumweho)
Verse 12
Ni uwuhe munsi (ibyo byose) byarindirijwe
Verse 13
Ni ku munsi w’urubanza (ubwo Allah azakiranura ibiremwa)
Verse 14
Ni iki cyakumenyesha umunsi w’urubanza
Verse 15
Ibihano bikaze bizaba kuri babandi bahinyura (umunsi w’izuka)
Verse 16
Ese ntitworetse abo hambere
Verse 17
Nuko tukabakurikiza abo hanyuma
Verse 18
Uko ni ko tugenza inkozi z’ibibi
Verse 19
Ibihano bikaze bizaba kuri babandi bahinyura (umunsi w’izuka)
Verse 20
Ese ntitwabaremye mu mazi asuzuguritse
Verse 21
Nuko tukayashyira mu cyicaro gitekanye (nyababyeyi)
Verse 22
Kugeza igihe kizwi
Verse 23
Nuko tukagena (igihe umwana avukira) kandi ni twe duhebuje mu kugena
Verse 24
Ibihano bikaze bizaba kuri babandi bahinyura (umunsi w’izuka)
Verse 25
Ese isi ntitwayigize ihuriro
Verse 26
Ry’abazima (bayituyeho) n’abapfuye (bayishyinguwemo)
Verse 27
Hanyuma tukanayishyiramo imisozi miremire, ndetse tukabaha n’amazi y’urubogobogo
Verse 28
Ibihano bikaze bizaba kuri babandi bahinyura (umunsi w’izuka)
Verse 29
(Abahakanyi bazabwirwa bati) "Ngaho nimujye (mu muriro wa Jahanamu) mwajyaga muhinyura
Verse 30
Ngaho nimujye mu gicucu (cy’umwotsi wa Jahanamu) kigabanyijemo amashami atatu
Verse 31
Nta bwugamo gitanga ndetse nta n’ubwo kirinda ikibatsi cy’umuriro
Verse 32
Mu by’ukuri, (uwo muriro) utera ibishashi bingana n’inyubako nini
Verse 33
(Ibyo bishashi) bimeze nk’ingamiya z’amagaju
Verse 34
Ibihano bikaze bizaba kuri babandi bahinyura (umunsi w’izuka)
Verse 35
Uwo uzaba ari umunsi (batazashobora kugira) icyo bavuga
Verse 36
Kandi nta n’uburenganzira bazahabwa bwo kugira urwitwazo batanga
Verse 37
Ibihano bikaze bizaba kuri babandi bahinyura (umunsi w’izuka)
Verse 38
Uwo uzaba ari umunsi w’urubanza, ubwo (mwe) n’abo hambere tuzaba twabakoranyirije hamwe
Verse 39
Niba hari amayeri mufite (yo guhunga ibihano byanjye), ngaho nimuyankorere
Verse 40
Ibihano bikaze bizaba kuri babandi bahinyura (umunsi w’izuka)
Verse 41
Mu by’ukuri, abatinya Allah (ku munsi w’imperuka) bazaba bari hagati y’ibicucu (by’ibiti byo mu ijuru) ndetse n’amasoko (atemba)
Verse 42
(Bazaba bafitemo) n’imbuto (z’amoko anyuranye) bazajya bifuza
Verse 43
(Bazabwirwa bati) "Nimurye, munywe kandi mugubwe neza kubera ibyo mwakoze
Verse 44
Mu by’ukuri, uko ni ko tugororera abakoze neza
Verse 45
Ibihano bikaze bizaba kuri babandi bahinyura (umunsi w’izuka)
Verse 46
(Yemwe bahakanyi) "Nimurye munishimishe by’igihe gito (mu buzima bwo ku isi), kuko rwose muri inkozi z’ibibi
Verse 47
Ibihano bikaze bizaba kuri babandi bahinyura (umunsi w’izuka)
Verse 48
N’iyo babwiwe bati "Nimwuname (musenge)!" Ntabwo bunama (ngo basenge)
Verse 49
Ibihano bikaze bizaba kuri babandi bahinyura (umunsi w’izuka)
Verse 50
Nonese nyuma y’iyi (Qur’an) ni ayahe magambo yandi bazemera