Back to Languages
Kinyarwanda - Chapter 78
Translation by R. M. C. Rwanda
Verse 1
Ni iki (abahakanyi b’abakurayishi) babazanyaho
Verse 2
Ku nkuru ihambaye (Qur’an n’umunsi w’imperuka)
Verse 3
(Iyo nkuru) batavugaho rumwe (hagati y’abayemera n’abayihakana)
Verse 4
Oya! Rwose bidatinze bazamenya
Verse 5
Oya nanone! Bidatinze bazamenya
Verse 6
Ese isi ntitwayigize nk’isaso
Verse 7
N’imisozi tukayigira nk’imambo
Verse 8
Tukanabarema muri ibitsina byombi (ikigabo n’ikigore)
Verse 9
Kandi ibitotsi byanyu twabigize uburyo bw’ikiruhuko
Verse 10
N’ijoro turigira nk’umwambaro (binyuze mu mwijima waryo)
Verse 11
N’amanywa tuyagira ayo gushakiramo imibereho
Verse 12
Tunubaka hejuru yanyu (ibirere) birindwi bikomeye
Verse 13
Ndetse n’(izuba) turigira itara rimurika
Verse 14
Tunamanura mu bicu amazi menshi yisuka
Verse 15
Kugira ngo tuyereshe impeke n’ibimera
Verse 16
N’imirima y’ibiti byegeranye
Verse 17
Mu by’ukuri, umunsi w’urubanza ufite igihe ntarengwa
Verse 18
Umunsi impanda izavuzwa, maze mukaza muri amatsinda
Verse 19
N’ikirere kizakingurwa maze gihinduke nk’amarembo
Verse 20
N’imisozi izakurwa mu myanya yayo, imere nk’ibirorirori
Verse 21
Mu by’ukuri, umuriro wa Jahanamu urarekereje
Verse 22
Ni wo garukiro ry’ibyigomeke
Verse 23
Bizawubamo imyaka n’imyaniko
Verse 24
(Ibyo byigomeke) ntibizawusogongereramo ubukonje cyangwa ikinyobwa
Verse 25
Uretse amazi yatuye n’amashyira
Verse 26
(Ibyo bikazaba) ari igihembo gikwiye (ibikorwa bibi bakoraga)
Verse 27
Kuko mu by’ukuri, batajyaga bizera ibarura
Verse 28
Ndetse banahinyuraga amagambo yacu cyane
Verse 29
Kandi byose twarabibaruye mu nyandiko
Verse 30
Ngaho nimusogongere (ingaruka z’ibikorwa byanyu bibi), kandi nta kindi tubongerera usibye ibihano
Verse 31
Mu by’ukuri, abatinya Allah bazabona intsinzi (Ijuru)
Verse 32
Ubusitani n’imizabibu
Verse 33
N’inkumi z’urungano (Huur-ul Ayn)
Verse 34
Ndetse n’ibirahuri byuzuye (divayi idasindisha)
Verse 35
Nta magambo adafite umumaro cyangwa ikinyoma bazumviramo
Verse 36
(Ibyo bizaba) ari ibihembo biturutse kwa Nyagasani wawe; impano ijyanye (n’ibikorwa byabo)
Verse 37
Nyagasani w’ibirere n’isi n’ibiri hagati yabyo, Nyirimpuhwe. (Ku munsi w’imperuka), nta bushobozi bwo kugira icyo bamuvugisha bazaba bafite (keretse abishatse)
Verse 38
Umunsi Roho (Malayika Jiburilu) n’abandi bamalayika bazahagarara ku murongo, ntibazavuga keretse uwo (Allah) Nyirimpuhwe azabihera uburenganzira, kandi akavuga ibiri ukuri
Verse 39
Uwo munsi ni ukuri (uzaza nta gushidikanya). Bityo, ubishaka yakwiteganyiriza kwa Nyagasani we aho azashyikira
Verse 40
Mu by’ukuri, twababuriye ibihano byegereje; umunsi umuntu azabona ibyo yakoze, naho umuhakanyi akazavuga ati "Iyaba nari mbaye igitaka